Somera Bibiriya kuri Telefone
Dawidi abikirwa ko Sawuli na Yonatani bapfuye
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Nuko Sawuli aratanga. Kandi Dawidi atabarutse avuye kwica Abamaleki, ageze i Sikulagi ahasibira kabiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Ku munsi wa gatatu haza umugabo uvuye mu rugerero rwa Sawuli, ashishimuye imyenda ye, yisīze umukungugu mu mutwe, ageze kuri Dawidi yikubita hasi aramuramya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Dawidi aramubaza ati “Uraturuka he?” Aramusubiza ati “Ncitse ku icumu mu rugerero rw’Abisirayeli.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Dawidi aramubaza ati “Byagenze bite? Ndakwinginze mbwira.” Aramusubiza ati “Abantu bahunze ku rugamba, kandi benshi muri bo baguye mu ntambara barapfa. Sawuli na Yonatani umuhungu we na bo barapfuye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Dawidi abaza uwo muhungu wamubikiye ati “Ariko wabibwiwe n’iki ko Sawuli na Yonatani umuhungu we bapfuye?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Uwo muhungu wamubikiraga aravuga ati “Narigenderaga ngeze ku musozi w’i Gilibowa, mbona Sawuli yishita ku icumu, kandi mbona amagare n’abahetswe n’amafarashi bamusatiriye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Maze Sawuli akebutse inyuma arambona, arampamagara ndamwitaba nti ‘Karame.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Arambaza ati ‘Uri nde?’ Ndamusubiza nti ‘Ndi Umwamaleki.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Arambwira ati ‘Nyamuna igira hano unsonge, dore ndembejwe n’umubabaro, kuko nkiri muzima.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Nuko ndamwegera, ndamusonga kuko nari menye neza ko atakiri uwo gukira, namara kugwa. Mperako mucuza ikamba ryari ku mutwe n’umuringa wari ku kuboko, none mbizaniye databuja.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Dawidi afata imyenda ye arayishishimura, n’abari kumwe na we bose babigenza batyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Bacura umuborogo bararira, biyiriza ubusa bageza nimugoroba, bababajwe na Sawuli n’umuhungu we Yonatani kandi n’abantu b’Uwiteka n’inzu ya Isirayeli, kuko bicishijwe inkota.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Dawidi abaza uwo muhungu wamubikiye ati “Uri uwa he?” Ati “Ndi umwana w’Umwamaleki w’umunyamahanga.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Dawidi aramubaza ati “Ni iki cyatumye udatinya, ugahangara kuramburira ukuboko kwica umuntu Uwiteka yimikishije amavuta?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Dawidi ahamagara umwe wo mu basore ati “Mwegere umusumire.” Aramusogota arapfa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Dawidi aramubwira ati “Amaraso yawe abe ari wowe aba ku mutwe, kuko akanwa kawe ari ko muhamya nk’uko uvuze ngo ‘Nishe uwo Uwiteka yimikishije amavuta.’ ”
Dawidi aborogera Sawuli na Yonatani
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Nuko Dawidi aborogera Sawuli n’umuhungu we Yonatani uyu muborogo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
abategeka kwigisha Abayuda indirimbo y’umuheto, yanditswe mu gitabo cya Yashari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
“Icyubahiro cyawe, Isirayeli, Cyiciwe mu mpinga z’imisozi! Erega abanyambaraga baraguye!
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Ntimuzabivuge muri Gati, Ntimuzabyamamaze mu nzira z’Abashikeloni, Abakobwa b’Abafilisitiya batanezerwa, Abakobwa b’abatakebwe be kwishimagiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
“Mwa misozi y’i Gilibowa mwe, Kuri mwe ntihagatonde ikime, ntihakagwe imvura, Ntihakabe imirima yera imyaka y’amaturo, Kuko ari ho ingabo y’umunyambaraga yagwanye umugayo, Ni yo ngabo ya Sawuli, nk’iyo utimikishijwe amavuta.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Umuheto wa Yonatani ntiwasubiraga inyuma, Ngo uve ku maraso y’abishwe, No ku banyambaraga b’ibihangange, Kandi inkota ya Sawuli ntiyavukaga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
“Sawuli na Yonatani bari beza, Bafite igikundiro bakiriho, Kandi mu ipfa ryabo ntibaguye ukubiri. Bari abanyamuvumbuko kurusha ikizu, Bari abanyamaboko kurusha intare.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
“Bakobwa ba Isirayeli, nimuririre Sawuli, Wabambikaga imyenda y’imihemba yo kurimbana, Warimbishaga imyambaro yanyu izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
“Erega abanyambaraga baguye mu ntambara hagati! Yonatani yiciwe mu mpinga z’imisozi yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
“Unteye agahinda mwene data Yonatani, Wambereye uw’igikundiro bihebuje. Urukundo wankundaga rwari igitangaza, Rwarutaga urukundo rw’abagore.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
“Erega abanyambaraga baraguye, N’intwaro zabo zirashize!”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 2 samweli igice cya: