Somera Bibiriya kuri Telefone
Umutegetsi uzakomoka i Betelehemu
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Ariko wowe Betelehemu Efurata, uri mutoya mu bihumbi by’i Buyuda, muri wowe ni ho hazava uzaba umwami wa Isirayeli akansanga, imirambagirire ye ni iy’iteka uhereye kera kose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Ni cyo gituma azabatanga kugeza igihe uwo uri ku nda azabyarira, kandi abasigaye bo muri bene se bazagarukira Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Azakomera aragire umukumbi we afite imbaraga z’Uwiteka n’icyubahiro cy’izina ry’Uwiteka Imana ye, kandi na bo bazakomera kuko icyo gihe azaba akomeye kugeza ku mpera z’isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Kandi uwo muntu azatubera amahoro. Umwashuri naza mu gihugu cyacu akaturibatira amanyumba, tuzamuteza abungeri barindwi n’ibikomangoma munani.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Kandi bazarimbuza igihugu cya Ashuri inkota, n’igihugu cya Nimurodi babarimburire mu byambu byo mu ngabano zacyo. Uko ni ko azadukiza Umwashuri natuzira mu gihugu akagikandagiramo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Abarokotse ba Yakobo bazaba mu moko menshi, bababere nk’ikime kivuye ku Uwiteka cyangwa nk’imvura y’urujojo igwa mu byatsi, bitagomba kurindira umuntu habe no gutegereza abantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Kandi abasigaye ba Yakobo bazaba mu mahanga no mu moko menshi nk’intare iri mu nyamaswa zo mu ishyamba, nk’umugunzu w’intare uri mu mikumbi y’intama. Iyo uyinyuzemo urayinyukanyuka ukayitanyagura, ntihagire uwutesha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Ukuboko kwawe kuramburirwe ku banzi bawe, ababisha bawe bose bacibwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Icyo gihe, ni ko Uwiteka avuga, nzagutsembaho amafarashi yawe ndimbure n’amagare yawe y’intambara,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
kandi nzarimbura imidugudu yo mu gihugu cyawe, n’ibihome byawe byose nzabyubika.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Kandi nzaca uburozi buturuka mu kuboko kwawe, n’abacunnyi ntuzongera kubagira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Nzatsembaho ibishushanyo byawe bibajwe n’ibigirwamana byawe by’inkingi, ntuzongera gusenga ibyakozwe n’amaboko yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Kandi nzagushikuzamo ibishushanyo byawe bibajwe bya Ashera, nzarimbura n’imidugudu yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Kandi amahanga atumvira, nzayahōra mfite uburakari n’umujinya.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma mika igice cya: