Somera Bibiriya kuri Telefone
Kwiringira ab’isi nta mumaro
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
“Abana b’abagome bazabona ishyano”, ni ko Uwiteka avuga, “Bagisha abandi inama batari jye bakifatanya n’abandi baretse Umwuka wanjye, kugira ngo bongere icyaha ku kindi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Abahagurukira kujya muri Egiputa batangishije inama kugira ngo bisunge imbaraga za Farawo, bakiringira igicucu cya Egiputa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Nuko izo mbaraga za Farawo zizabakoza isoni, no kwiringira igicucu cya Egiputa kuzababera ikimwaro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
kuko abatware babo bari i Sowani, n’intumwa zabo zikaba zigeze i Hanesi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Bose bazakorwa n’isoni kuko bazasanga ari abantu batabasha kubagirira umumaro ntibabarengere, kandi nta kamaro, ahubwo ari abo kubakoza isoni no kubatukisha.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Ibihanurirwa inyamaswa z’ikusi. Banyura mu gihugu cy’amakuba n’uburibwe, aho intare y’ingore n’iy’ingabo zituruka, hakaba incira n’inzoka ziguruka z’ubumara butwika, bahekesheje ubutunzi bwabo ku migongo y’indogobe nto, bashyize n’ibintu byabo ku mapfupfu y’ingamiya, babishyira abantu batazabagirira umumaro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
kuko imifashirize ya Egiputa ari nta kavuro, kandi nta cyo hamara, ni cyo gituma mpita izina Rahabu wicaye gusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Nuko genda ubyandikire ku gisate imbere yabo, ubyandike no mu gitabo, bibe iby’igihe kizaza kugeza iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Kuko ari ubwoko bugoma, abana babeshya, abana badakunda kumva amategeko y’Uwiteka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
babwira bamenya bati “Ntimukarebe”, bakabwira n’abahanuzi bati “Ntimukaduhanurire iby’ukuri, ahubwo mujye mutubwiriza ibyoroheje muhanure ibinyoma,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
muve mu nzira muteshuke, mutume Uwera wa Isirayeli atuvamo rwose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Nuko Uwera wa Isirayeli aravuze ngo “Kuko muhinyuye iri jambo, mukiringira agahato n’ubugoryi mukaba ari byo mwishingikirizaho,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
ni cyo gituma uku gikiranirwa kuzababera nk’inkike ihubanye igiye kugwa, nk’ahabogamye ho ku nkike ndende, kugwa kwayo kuzatungurana kutajuyaje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Kandi azakimena nk’uko inkono y’umubumbyi imeneka, yayimena atayibabarira, mu njyo zayo zose ntihasigare n’uruganzo rwayora umuriro mu ziko cyangwa rwadahishwa amazi mu iriba.”
Kugarukira Imana ni ko kudukiza
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Uwiteka Imana, Uwera wa Isirayeli yavuze ati “Nimugaruka mugatuza muzakizwa, mu ituze no mu byiringiro ni mo muzaherwa imbaraga, ariko mwaranze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Ahubwo muravuga muti ‘Oya, kuko tuziruka ku mafarashi’. Ni koko ariko muzaba muhunze kandi muti ‘Tuzagendera ku y’imbaraga’. Ni koko n’abazabakurikira na bo bazaba abanyambaraga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Abantu igihumbi bazirukanwa n’umuntu umwe ubakangisha, abantu batanu nibabakangisha muzahunga, kugeza ubwo muzasigara mumeze nk’igiti kirekire gishinze mu mpinga y’umusozi, cyangwa ibendera rishinze ku gasozi.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Igituma Uwiteka yihangana ni ukugira ngo abagirire neza, kandi igituma ashyirwa hejuru ni uko abagirira ibambe, kuko Uwiteka ari Imana ica imanza zitabera. Hahirwa abamutegereza bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Kuko abantu bazatura i Siyoni h’i Yerusalemu ntuzongera kurira, ntazabura kukugirira neza numutakira, nakumva azagusubiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Kandi nubwo Uwiteka akugaburira ibyokurya by’amakuba n’amazi y’agahimano, abakwigisha ntibazongera guhishwa ahubwo amaso yawe azajya areba abakwigisha,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
kandi nimujya kunyura iburyo cyangwa ibumoso, amatwi yawe azajya yumva ijambo riguturutse inyuma rivuga riti “Iyi ni yo nzira mube ari yo mukomeza.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Kandi muzahumanya ifeza itewe ku bishushanyo byawe bibajwe, n’izahabu zitewe ku bishushanyo byawe biyagijwe. Uzabijugunya rwose nk’ikintu gihumanye ukibwire uti “Hoshi, vaho.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Imbuto uzabiba mu butaka azazivubira imvura, kandi imyaka y’umwero w’ubutaka izarumbuka ibe myinshi. Icyo gihe imikumbi yawe izarisha mu byanya bigari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Inka n’indogobe nto bihinga bizarya ibyokurya birimo umunyu, bigosojwe intara n’inkōko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Ku munsi w’icyorezo ubwo iminara izariduka, ku kirunga cyose no ku musozi wose muremure hazaturuka imigezi n’amasōko y’amazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Umwezi w’ukwezi uzamera nk’umucyo w’izuba, kandi umucyo w’izuba uzongerwa karindwi uhwane n’umucyo w’iminsi irindwi, ubwo Uwiteka azapfuka ibisebe by’abantu be akavura n’inguma zabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Dore izina ry’Uwiteka riraza rituruka kure, rigurumana uburakari bwe, ricumba umwotsi mwinshi, iminwa ye yuzuye uburakari n’ururimi rwe rumeze nk’umuriro ukongora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Umwuka we umeze nk’umugezi wuzuye ukagera mu ijosi, uzagosoza amahanga intara imaraho kandi icyuma n’umukoba biyobya bizaba mu nzasaya z’amahanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Nuko muzaririmba indirimbo nk’iyo baririmba nijoro ku munsi mukuru wera, muzagira n’umunezero wo mu mutima nk’uw’umuntu ufite umwironge, ajya ku musozi w’Uwiteka gusanga Igitare cya Isirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Uwiteka azumvikanisha ijwi rye ry’icyubahiro, kandi kumanuka k’ukuboko kwe azakwerekanisha uburakari bwe n’umujinya we, n’ikirimi cy’umuriro ukongora n’inkubi y’umuyaga n’urubura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Abashuri bazakurwa umutima n’ijwi ry’Uwiteka, azabakubita inkoni ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
Kandi uko bazajya babakubita inkoni zitegetswe, izo bazaba bategetswe n’Uwiteka, hazajya habaho ishako n’inanga, kandi azabarwanya intambara akorera ukuboko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Tofeti hiteguwe uhereye kera, hiteguriwe umwami. Uwiteka yahagize harehare kandi hagari, ikome ry’aho ni umuriro n’inkwi nyinshi, umwuka w’Uwiteka umeze nk’umugezi w’amazuku ari wo urikongeza.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yesaya igice cya: