Inyanja ya Galileya kandi yitwa inyanja ya Kineti cyangwa ikiyaga cya Genezareti cyangwa ikiyaga cya Tiberiya ni ikiyaga cy’amazi meza giherereye muri Isiraheli. Iki ni ikiyaga Yesu yakoreyeho ibitangaza byinshi harimo “Kugenda hejuru y’amazi Yesu agendesha amaguru hejuru yamazi (Mar 6.45-56; Yoh 6.15-21) 22.Uwo mwanya ahata abigishwa be ngo bikire mu bwato babanze hakurya, amare gusezerera abantu. 23.Amaze kubasezerera aragenda, azamuka umusozi wenyine ajya gusenga. Bwari bugorobye, ari yo wenyine. 24.Ariko ubwato bugeze imuhengeri buteraganwa numuraba, kuko umuyaga ubaturutse imbere. 25.Nuko mu nkoko aza aho bari agendesha amaguru hejuru yinyanja. 26.Ariko abigishwa bamubonye agendesha amaguru hejuru yinyanja bahagarika imitima, batakishwa nubwoba bati Ni umuzimu. 27.Ariko uwo mwanya Yesu avugana na bo ati Nimuhumure ni jyewe, mwitinya. 28.Petero aramusubiza ati Mwami niba ari wowe, untegeke nze aho uri ngendesha amaguru hejuru yamazi. 29.Aramusubiza ati Ngwino. Petero ava mu bwato, agendesha amaguru hejuru yamazi ngo asange Yesu. 30.Ariko abonye umuyaga ko ari mwinshi aratinya, atangiye kurengerwa arataka ati Databuja nkiza. 31.Uwo mwanya Yesu arambura ukuboko kwe aramufata, aramubwira ati Yewe ufite kwizera guke we, ni iki gitumye ushidikanya? 32.Baratambuka bajya mu bwato, umuyaga uratuza. 33.Abari mu bwato baramupfukamira, baramubwira bati Ni ukuri uri Umwana wImana.
Matayo 14:22-33“, “Guhagarika umuraba (umuyaga) Aturisha inkubi yumuyaga wo mu nyanja (Mat 8.23-27; Luka 8.22-25) 35.Kuri uwo munsi bugorobye arababwira ati Twambuke tujye hakurya. 36.Basiga abantu bamujyana mu bwato yahozemo, kandi hari nandi mato hamwe na bwo. 37.Nuko ishuheri yumuyaga iraza, umuraba wisuka mu bwato bigeza aho bwenda kurengerwa. 38.Yari asinziriye aryamye ibwerekeza, yiseguye umusego. Baramukangura baramubaza bati Mwigisha, ntubyitayeho ko tugiye gupfa? 39.Akangutse acyaha umuyaga, abwira inyanja ati Ceceka utuze. Umuyaga uratuza, inyanja iratungana rwose. 40.Arababaza ati Ni iki kibateye ubwoba? Ntimurizera? 41.Baratinya cyane baravugana bati Mbega uyu ni muntu ki, utuma umuyaga ninyanja bimwumvira?
Mariko 4:35-41 no Guhaza abantu ibihumbi bitanu
Yesu ahaza abantu ibihumbi bitanu (Mar 6.30-44; Luka 9.10-17; Yoh 6.1-14) 13.Yesu abyumvise arahava, agenda mu bwato ajya aho abantu bataba kwiherera. Abantu benshi babyumvise bava mu midugudu baramukurikira, baca iyubutaka. 14.Yomotse abona abantu benshi arabababarira, abakiriza abarwayi. 15.Umunsi ukuze, abigishwa be baramwegera bati Aha ngaha ntihagira abantu none umunsi urakuze, sezerera abantu bajye mu birorero bihahire ibyokurya. 16.Yesu arabasubiza ati Ntakibajyanayo, mube ari mwe mubagaburira. 17.Baramusubiza bati Nta cyo dufite hano, keretse imitsima itanu nifi ebyiri. 18.Arababwira ati Nimubinzanire hano. 19.Ategeka abantu ko bicara mu byatsi, yenda iyo mitsima itanu nizo fi ebyiri, arararama areba mu ijuru arabishimira, amanyagura iyo mitsima ayiha abigishwa be, abigishwa bayiha abantu. 20.Bararya bose barahaga, bateranya ubuvungukira bwimitsima busigaye, bwuzura intonga cumi nebyiri. 21.Abariye bari nkibihumbi bitanu, abagore nabana batabariwemo.
Matayo 14:13-21. Inyanja ya Galileya yari ahantu h’ibanze ku bigishwa ba Yesu. Yesu yahamagaye Simoni ariwe Petero, Andereya, Yakobo na Yohani kuba abigishwa be ubwo bari abarobyi
Yesu atora abigishwa be ba mbere (Mar 1.16-20; Luka 5.1-11; Yoh 1.35-42) 18.Agenda iruhande rwinyanja yi Galilaya abona abavandimwe babiri, Simoni witwaga Petero na Andereya mwene se, barobesha urushundura mu nyanja kuko bari abarobyi. 19.Arababwira ati Nimunkurikire nzabagire abarobyi babantu. 20.Uwo mwanya basiga inshundura baramukurikira. 21.Yicumye imbere abona abandi bavandimwe babiri, umwe ni Yakobo mwene Zebedayo na Yohana mwene se, bari mu bwato hamwe na se Zebedayo bapfundikanya inshundura zabo, arabahamagara. 22.Uwo mwanya basiga ubwato na se, baramukurikira.
Matayo 4:18-22. Nyuma Yesu yaje gusanga Matayo ariwe witwa Levi yicaye iruhande rw’inyanja aho yakaga imisoro (ikoro) hanyuma nawe aramuhamagara
Yesu ahamagara Lewi umukoresha wikoro (Mat 9.9-17; Luka 5.27-39) 13.Avayo yongera kunyura iruhande rwinyanja, abantu bose baza aho ari arabigisha. 14.Nuko akigenda abona Lewi mwene Alufayo yicaye aho yakoresherezaga ikoro, aramubwira ati Nkurikira. 15.Arahaguruka, aramukurikira. Hanyuma ubwo Yesu yari yicaye mu nzu yuwo bafungura, abakoresha bikoro benshi nabanyabyaha basangira na Yesu nabigishwa be, kuko abajyanaga na we bari benshi. 16.Abanditsi bo mu Bafarisayo babonye asangira nabanyabyaha nabakoresha bikoro, babwira abigishwa be bati Mbega asangira nabakoresha bikoro nabanyabyaha! 17.Yesu abyumvise arababwira ati Abazima si bo bifuza umuvuzi, keretse abarwayi. Sinazanywe no guhamagara abakiranuka, keretse abanyabyaha.
Mariko 2:13-17. Ikindi kandi k’ingenzi ni uko Yesu amaze kuzuka yagiye ku nyanja ya Galileya akahasanga Petero, Tomasi, Natanayeli, Yakobo, Yohani n’abandi bigishwa babiri bari kuroba.
Muri iyi minsi, iyi nyanja ya Galileya irazwi cyane kandi ikunze gusurwa n’abakristo bava imihanda yose aho baba bashobora kunyura mu nzira Yesu yanyuzemo. Abasura iyi nyanja bashobora no kubona ubwato bwakoreshwaga ku gihe cya Yesu bwavumbuwe mu 1986. Uhagaze ku nkombe z’iyi nyanja ushobora kwibaza uburyo ab’isiraheli biyumvise babonye ibyanditswe mu gitabo cya
Ibihanura Umwami uzavuka ari Umukiza nUmwami 1.Abantu bagenderaga mu mwijima babonye umucyo mwinshi, abari batuye mu gihugu cyigicucu cyurupfu baviriwe numucyo. 2.Wagwije ishyanga, wabongereye ibyishimo bishimira imbere yawe ibyishimo nkibyo mu isarura, nkibyabantu bishima bagabanya iminyago. 3.Kuko umutwaro bamuhekeshaga ningegene bamukubitaga mu bitugu ninkoni yuwamutwazaga igitugu, wabivunnye nko kuri wa munsi wAbamidiyani. 4.Ibyuma abafite intwaro bari bifurebye mu ntambara byose nimyenda igaraguwe mu maraso, bizaba ibyo gutwikwa bibe nkinkwi zo mu muriro. 5.Nuko umwana yatuvukiye duhawe umwana wumuhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye. Azitwa Igitangaza, umujyanama, Imana ikomeye, Data wa twese Uhoraho, Umwami wamahoro. 6.Gutegeka kwe namahoro bizagwirira ku ntebe ya Dawidi nubwami bwe, bitagira iherezo kugira ngo bibukomeze, bibushyigikize guca imanza zitabera no gukiranuka, uhereye none ukageza iteka ryose. Ibyo ngibyo Uwiteka Nyiringabo azabisohoresha umwete we.Imana ihana abantu bayo banga kuyumvira, ikomeza kubahana 7.Uwiteka yatumye ubutumwa kuri Yakobo, bugera kuri Isirayeli. 8.Abefurayimu nabaturage bi Samariya bose bazabimenya, abo ni bo bavugana ubwibone no kwinangira imitima bati 9.Amatafari yaraguye, ariko tuzubakisha amabuye abaje, imivumu yaratemwe, ariko mu cyimbo cyayo tuzakoresha imyerezi. 10.Icyo ni cyo kizatuma Uwiteka ahagurukiriza abanzi ba Resini gutera Efurayimu, akamuhagurukiriza nababisha be. 11.Abasiriya bazamuturuka imbere, Abafilisitiya na bo bamuturuke inyuma, bazasamira Isirayeli bamurye. Nyamara uburakari bwUwiteka ntiburashira, ahubwo ukuboko kwe kuracyabanguye. 12.Ariko abantu ntibagarukiye uwabahannye, kandi ntibashatse Uwiteka Nyiringabo. 13.Ni cyo kizatuma Uwiteka acira Isirayeli umutwe nikibuno, inkindo nimiberanya icyarimwe. 14.Umugabo mukuru wicyubahiro ni we mutwe, numuhanuzi wigisha ibinyoma ni we kibuno. 15.Abayobora aba bantu barabayobya, kandi abo bayoboye bararimbuka. 16.Bizatuma Uwiteka atishimira abasore babo, ye kubabarira impfubyi zabo nabapfakazi babo, kuko umuntu wese asuzugura Imana akaba ari inkozi yibibi, kandi akanwa kose kavuga ibinyabapfu. Nyamara uburakari bwUwiteka ntiburashira, ahubwo ukuboko kwe kuracyabanguye. 17.Erega gukiranirwa gutwika nkumuriro utwika imifatangwe namahwa, ndetse ugakongeza nibihuru byo mu ishyamba, bikazingazingwa mu mwotsi utumbagira hejuru nkibicu bicuze umwijima. 18.Uburakari bwUwiteka Nyiringabo ni bwo butumye igihugu gikongoka abantu bakamera nkinkwi zicana umuriro, nta wubabarira mwene se. 19.Umuntu azahubuza ibyokurya iburyo bwe ariko agumye asonze, azarya nibyibumoso na bwo ye guhaga. Umuntu wese azarya inyama yo ku kuboko kwe. 20.Manase azarya Efurayimu, Efurayimu na we azarya Manase, kandi bombi bazifatanya batere Yuda. Nyamara uburakari bwUwiteka ntiburashira, ahubwo ukuboko kwe kuracyabanguye.
Yesaya 9 bisohoye.
Mu mafoto akurikira turabereka bimwe mu bigize iki kıyağa n’uburyo cyagaragaraga mu gihe cya Yesu ndetse n’ubu ngubu. Inyanja ya Galileya nkuko ivugwa muri Bibiliya, ntabwo ari inyanja y’ukuri ahubwo ni ikiyaga cy’amazi meza aturuka mu mugezi wa Yorodani itemba iva mu majyaruguru igana mu majyepfo
Ikiyaga cya Galileya gifite km 21 z’umurambararo na km 13 z’ubutambike
Ikiyaga gifite ubuso bwa km kare 166.7 na ubujyakuzimu bwa metero 43
Gifite umuzenguruko ujya kungana na km 53
Nicyo kiyaga ku isi kiri munsi y’inyanja (below sea level) gifite amazi ari munsi y’amazi y’inyanja ho metero 209
Umuyaga uturutse mu misozi ikikije iki kiyaga ushobora guhuha cyane ukaba watuma hazamo umuhengeri
Yesu n’abigishwa be bahuye n’umuhengeri ndetse n’umuraba mwinshi bituma n’abigishwa be bari bamenyereye kuroba nabo bagira ubwoba
Yesu yategetse umuraba guhagarara uramwumvira ubwo bari muri iki kiyaga cya Galileya
Kamwe mu duce abarobyi babagamo kari Magadara ariho Mariya Magadarena yari atuye
Bibiliya ivuga abavandimwe 2 Simoni Petero na Andereya barobanaga hamwe na na Yakobo na Yohani bari abahungu ba Zebedeyo
Bamwe bemeza ko 7 mu ntumwa za Yesu bari abarobyi: Simoni Petero, Andereya, Yakobo, Yohana, Tomasi, Filipo na Natanayeli
Ubwato bwakoreshwaga mu nyanja ya Galileya bwabaga bufite ahantu hanini ho munsi bashobora kubikamo inshundura zabo. Aha niho abarobyi babaga bananiwe bashoboraga nabo kuryama bakaruhuka. Birashoboka ko aha ariho Yesu yari aryamye igihe bagiraga umuraba mwinshi mu mazi ukabatera ubwoba.
Hari igihe abantu benshi bajyaga baza bagasanga Yesu ku nkombe z’iki Kiyaga cya Galileya
Yigeze gusaba abigishwa be gusunika ubwato bukigira mu mazi bityo akabukoresha mu kwigisha abantu bari bamusanze ku nkombe z’ikiyaga
Ubwato bwafatwaga n’amabuye ameze nk’aya kugirango budasubira mu mazi igihe babaga barangije kuroba
Akazi ko kuroba akenshi kakorwaga nijoro. Bibiliya ivuga ko hari igihe baraye ijoro baroba bugacya ntacyo bafashe
Twifashishije:- http://www.freebibleimages.org
- https://en.wikipedia.org/wiki/Sea_of_Galilee
- https://www.gotquestions.org/Sea-of-Galilee.html