Somera Bibiriya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Umutima w’umwami uri mu kuboko k’Uwiteka, Awuganisha aho ashatse hose nk’uyobora amazi mu migende yayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Inzira y’umuntu yose imutunganiye ubwe, Ariko Uwiteka ni we ugerageza imitima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Gukiranuka n’imanza zitabera, Birutira Uwiteka ibitambo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Kurebana igitsure n’umutima w’ubwibone, Ni byo rumuri rw’abanyabyaha, Byose ni icyaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Ibyo umunyamwete atekereza bizana ubukire, Ariko ubwira bwinshi bwiriza ubusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Ubutunzi bushakishwa ururimi rubeshya buyoka nk’umwuka, Ababushaka baba bashaka urupfu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Urugomo rw’abanyabyaha ruzabahitana, Kuko banga gukora ibitunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Inzira y’uremerewe n’ibyaha iragoramanga cyane, Ariko imirimo y’uboneye ihora itunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Kuba mu gakinga k’urusenge, Biruta kubana n’umugore w’ingare mu nzu y’inyumba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Umutima w’umunyabyaha wifuza ibyaha, Umuturanyi we ntabwo yabona ineza imuturukaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Iyo umukobanyi ahanwe injiji yumviraho, Kandi umunyabwenge iyo yigishijwe ahabwa kumenya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Umukiranutsi yitegereza inzu y’abanyabyaha, Uko bubikwa bakarimbuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Uwica amatwi ngo atumva gutaka k’umukene, Na we azataka kandi ntazumvwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Ituro ritanzwe rwihishwa rihosha uburakari, N’impongano zihishwe mu kwaha zoroshya umujinya ukaze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Umukiranutsi anezezwa no gukora ibitunganye, Ariko ku nkozi z’ibibi bizazibera icyishi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Umuntu ujarajara akava mu nzira y’ubwenge, Azaba mu iteraniro ry’abapfuye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Ukunda kuba inkorabishungo azaba umukene, Ukunda vino n’amavuta ya elayo ntabwo azaba umutunzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Umunyabyaha azaba incungu y’umukiranutsi, N’umugambanyi azagwa mu kigwi cy’intungane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Kwibera ku gasozi kadatuwe, Kuruta kubana n’umugore w’umwaga utera intonganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Mu rugo rw’umunyabwenge hari ubutunzi bw’igiciro cyinshi n’amavuta ya elayo, Ariko umupfapfa we abipfusha ubusa akabimaraho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Ukurikiza gukiranuka n’imbabazi, Ni we uzabona ubugingo no gukiranuka n’icyubahiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Umunyabwenge yurira inkike z’umudugudu w’intwari, Kandi acogoza ibyiringiro byabakomezaga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Utabumbuye akanwa ke agafata ururimi rwe, Ni we urinda ubugingo bwe amakuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Umwibone w’umunyakizizi yitwa umunyagasuzuguro, Akorana ubwirasi bwibona.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Umunyabute yicwa no kwifuza, Kuko yanga gukoresha amaboko ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Hariho uhorana uburūra umunsi ukira, Ariko umukiranutsi aratanga ntiyimane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Igitambo cy’umunyabyaha ni ikizira, Nkanswe noneho iyo agitanganye umutima mubi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Umugabo uhamya ibinyoma azarimburwa, Ariko umuntu wumva neza nta wuzamubuza kuvuga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Umunyabyaha ntagira imbebya ku maso ye, Ariko umuntu w’intungane atunganya inzira ze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Nta bwenge cyangwa ubuhanga cyangwa inama, Byabasha kurwanya Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Ifarashi irindirijwe umunsi w’urugamba, Ariko kunesha kuva ku Uwiteka.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: