Mu gusoza iki gitabo, turashaka kuvuga mu ncamake, ibikubiye muri cy, kugirango wowe ugisoma ubashe kuvanamo iby’ingenzi.
Mu gicee cya mbere, twerekanye mu buryo burambuye ko Bibiliya ari Ijambo ry’Imana. Ibyo twabitewe nuko hari bamwe bavuga ko batayemera nka ryo. Mu gusobanura rero ko Bibiliya ari Ijambo ry’Imana, turatekereza ko abayishidikanyaho noneho batakongera gukerensa ibikubiye muri yo, cyane cyane kubivuga kuri Yesu, dore ko byose ari nawe bishingiyeho kandi bigenda bigarukaho. 
Twagaragaje uburyo Bibiliya ubwayo nayo yitangira ubuhamya yuko ari Ijambo ry’Imana, tubyerekanisha « guhishurwa kw’Ibyanditswe », ukuntu Imana ishobora kwihishurira umuntu ikoresheje ibyaremwe, n’umutima-nama w’umuntu, kubonekerwa, inzozi n’amayerekwa, kumva ijwi, ibitangaza n’ibimenyetso, n’ihishurwa ry’Imana binyuze muri Yesu Kristo.
Uretse ibijyanye n’ihishurwa twavuze, no « Guhumekwa kw’ibyanditswe » ku nkomoko y’ihumekwa, dukurikije 1 Abakorinto 1 na 2 n’ibyo intumwa Petero yahamije, n’uburyo Imana yagiye ivugana n’abahanuzi bayo.
Igika cya kabiri, twagishoje tuvuga ku butware bw’Ibyanditswe Byera. Twahereye ku buhamya bwa Bibiliya, dukurikizaho guhamya kw’intumwa tuvuga no ku myizerere ivuguruye. 
Ubutware mu gihe cya none, amadini anyuranye ntabuvugaho rumwe yose, twatanze urugero kuri Kiliziya Gatolika. 
Twasanze ari ngombwa ku kuvuga ukuntu Imana yihinduye umuntu, hanyuma igice cya mbere tugisoza tuvuga mu ri make ku bivugwa muri Bibiliya muri rusange. Igice cya kabiri, twibanze ku kwizera, dusobanura KWIZERA icyo ari cyo. Twasanze hari impamvu kandi zikomeye, zituma biba ngombwa ko umuntu yizera Yesu nk’Umukiza n’Umwami. Icya mbere ni uko hariho Imana, Imana kandi Yera, idutegeka ngo tube abera nkuko nayo ari
Iyera. 
Ikindi ni uko umuntu ari umunyabyaha, igikurikiyeho ni uko icyaha kiriho, kandi kikaba kigomba kubonerwa umuti, kuko Imana yanga icyaha. Yesu Kristo rero azaza nk’umuti ku cyaha, ariko abigirira gusa umwizeye. Twashoje iki gika, tugerageza kuvuga Yesu Kristo uwo ari we. 
Muri icyo gice cya kabiri, ku gika cya kabiri, twavuze ku mateka y’umusaraba wa Yesu. Igika cya gatatu, twagerageje gusobanura ku kuntu kwizera gukorwa, cyane cyane tugaragaza ko Yesu ariwe banga ryo kwizera. 
Mu gikagikurikiyeho, twavuze kuri bimwe biboneka iyo umunyabyaha yizeye, tugaragaza ko icyo umuntu akora ari ukwizera, naho ibyinshi bigakorwa n’Imana, kandi byose mu gihe kimwe. Mu gika cya gatanu, twasobanuye ukuntu isi ituwe n’abantu n’abatizera, Abizera n’abanyamwuka, n’abizera b’abanyamubiri, abo bose nibo twise abantu batatu. Igika cya gatandatu, kivuga ku kubyarwa ubwa kabiri. Twabisobanuye mu buryo burambuye,
tugaragaza igihe bibera, n’uko bikorwa n’
intego yo kubyarwa ubwa kabiri. Mu gika gikurikiyeho, twasanze ko iyo umuntu amaze kwizera, akavuka ubwa kabiri agirana isano n’Imana, kandi akagirana ubusabane nayo.  Twagaragaje ko hariho abantu batatu mu buryo bw’umwuka. Uweo twahereyeho ni umuntui utari umukristo, ntagira Yesu mu bugingo bwe ntarizera. Uwa kabiri ni umukristo uyoborwa n’umwuka, afite Yesu mu bugingo bwe, yamaze kwizera kandi asabana n’Imana. Uwa gatatu, ni umukristo wiyobora, ufite Yesu mu bugingo bwe, yamaze kwizera, afitanye isano n’Imana, ariko ntasabana nayo. 
Twasobanuye isano icyo aricyo, dusobanura, ubusabane icyo ari cyo. Mu gika cya munani twerekanye ukuntu Bibiliya iduhamiriza ko Uwizeye by’ukuri atarimbuka, ahubwo ko afite ubugingo buhoraho. Bityo uwamaze kwizera by’ukuri afite ubwishingizi bw’Ijambo ry’Imana, ntakwiriye gushidikanya ku gakiza ke.
Mu gika gikurikiyeho, turabona ko agakiza k’uwizeye karinzwe, gafite umutekano wuzuye. Twamaze impungenge abakristo bizeye by’ukuri, kandi bagahora bahagaritse umutima.
Mu gika cya cumi, twagaragaje ko umuntu wera atangira ubuhamya abizeye Yesu Kristo by’ukuri. Twatangiye tuvugta Umwuka Wera uwo ariwe. Twasanze ko Umwuka Wera afite ibiranga – Mana byose by’Imana, ndetse Umwuka Wera ni umwe mu butatu bw’Imana imwe. Twashoje twerekana uko Umwuka Wera atangira ubuhamya abizera bose.
 Mu gika gikurikiraho, twasobanuye dushingiye ku Ijambo ry’Imana ko byose bishobokera uwizeye. Twasanze ko abizera by’ukuri bakwiye kwirinda gushidikanya ku Mana yabo, kuko byose bishobokera abizeye.
Mu gika cya cumi na kabiri twasanze ko kwizera gukurura ibitangaza. Twabigaragarishije ibitangaza Imana yagiye ikorera bamwe mu batubanjirije mu kwizera.
Mu gika gikurikiyeho, twavuze ku byitegerezo nyakuri nkuko tubibona mu Baheburayo 11, duhereye kuri Abeli ukageza ku muhanuzi Elisa. Twagiye dutanga ubusobanuro kuri buri wese twavuzeho. Ubundi kwizera kujyana no kwihana by’ukuri. Twatanze zimwe mu ingero z’abantu b’Imana bagaragaje kwihana by’ukuri. Twarangije twerekana kuba umwigisha wa Yesu icyo aricyo. N’icyo bisaba. Iyo urebye neza, usanga kuba umwigishwa wa Yesu atari umukino, ariko nubwo bimeze bityo, dushobozwa byose na Kristo uduha imbaraga (Abafiripi
4: 13)
Mu gika cya 14, twavuze ku by’ingenzi ku mateka y’Itorero, mbere yo kwinjira mu cyiciro kivuga ku batizera Yesu. Twatangiye tuvuga uko ibihe byagiye bisimburana, ndetse n’ibihangange byagiye bitegeka isi muri ibyo bihe, twavuze gato kuri Kiliziya, ku bwami bwa Roma, ku mwami w’abami Konstantini, ku kuntu bapaganishije Itorero, dukomeza tuvuga ku gutotezwa kw’Itorero, n’ukuntu abakristo bishwe urubozo, ku myobo y’ubwihisho y’abakristo (les catacombes), hanyuma dusoza igika, tuvuga ku ntamba.ra zabaye hagati y’Abislamu n’Abakristo
Mu gika gikurikiyeho, twagaragaje umwanzi w’Imana uwo ari w, twerekanye n’abamutiza umurindi, babizi cyangwa batabizi. Twabonye ko umwanzi w’Imana mu by’ukuri ari Satani. Twifashije Bibiliya twerekana Satani uwo ariwe n’uko akora. Twavuze kuri Antikristo, ku mubare « 666 » (Umubare w’inyamaswa). Twavuze ku nyamaswa- ngwe, ku bihangange by’isi byo mu bihe bya Bibiliya, ku nyamaswa- ntama, ku gufatanya kw’inyamaswa-ngwe n’inyamaswa-ntama, twavuze kuri Babuloni no gusenyuka kwayo hanyuma turangiza tuvuga ku myizerere y’amadini amwe n’amwe atiza Satani umurindi.
Mu gika cya cumi na gatandatu, twavuze ku madini atizera Yesu, dutanga urugero ku ba
Iyislamu, hanyumas tuvuga no ku madini avuga ko ari « amakristo », ariko ntiyemere ko Kristo ari Imana, ntiyemeren’ubutatu bw’Imana imwe.  Rimwe muri ayo afite imyizerere imeze ity, twatanze, urugero ku Bahamya ba Yehova. Iri dini ry’Abahamya ba Yehova, ntiryemera ihumekwa, n’ubusobanuro bw’Ibyanditswe Byera, k’ubumana bwa Kristo, ntiryemera kuzuka kwa Yesu, ntiryemera, kubaho k’Umwuka Wera ndetse n’umurimo we. Abhamya ba Yehova ntibemera ko hariho kurimbuka k’umuntu upfuye atizeye Yesu, ngo nyuma y’urupfu hari amahirwe ya kubona agakiza kuri bose ngo keretse umuntu uzirangaraho icyo gihe (nyuma y’urupfu) Ntibemera kubaho k’umuriro utazima, ngo Imana ni nziza cyane birenze, kuburyo itakwemera ko habaho umuriro w’iteka. Bafite n’ikibazo kukugaruka kwa Yesu, no ku mugambi w’Imana kuri Israyeli no ku Itorero. Twashoje tuvuga ku bindi biranga Abahamya ba Yehova.  
Mu gika gikurikiraho, twavuze ku myigishirize inyuranye itangwa muri amwe mu matorero yemera Kristo. Aha, ntabwo duhakana ko ayo matorero yizera Yesu, ahubwo turashaka kwerekanaicyo Bibiliya ivuga ku Isabato ndetse n’umubatizo. Igitambo cya Kristo, Bibiliya itubwira ko cyuzuye. Amaraso ya Yesu afite ububasha bwo gukuraho ibyaha byose kuri buri wese wizeye Yesu. Ntabwo rero igitambo cya Yesu cyitwa ko cyuzuye ari uko ushyizeho Isabato.  Kugabanya agaciro k’amaraso ya Yesu. Ni umutego ukomeye cyane Satani yateze abakristo bamwe na bamwe. Iyo umaze kumenya agaciro k’amaraso ya Yesu Kristo ni naho ubasha gusobanukirwa uburemere bw’icyaha cyo kumva ko hari uruhare rwawe wayongeraho. Ese ubundi ubwo agakiza kaba kakiriimpano »y’Imana? (Abefeso 2 : 8-9) Ese iyo umuntu aguhaye impano hari uruhare uba uyigizeho uretse kuyakira? Impano ya Yesu tuyakiriza ikiganza cyo « Kwizera ». Iyo ikiganza cyawe ugipfumbatishije isabato ntubasha neza kwakira agakiza, kuko ntawakwakiriza impano ikiganza gipfumbase. 
Twasobanuye n’impamvu abakristo baruhuka ku cyumweru. Twerekanye kandi ko Yesu atabuzwaga gukora ibitangaza n’uko ari ku Isabato.
Inyigisho yavuzwe na none ni umubatizo Kimwe n’Isabato, abakristo bakwiye kubatizwa, ndetse mu mazi menshi, ariko ntibubake ku mubatizo. Umukristo ufite ikiganza gipfumbase umubatizo « w’amazi menshi » n’ubwo natwe ariwo twemera- ntazoroherwa no kwakira impano y’Imana.
Rambura ikiganza cyawe cyo kwizera maze wakire impano y’agakiza, Imana iguhera ubuntu. N’udafite ifeza nawe naze… mudatanze ifeza cyangwa ibindi biguzi (Yesaya 55: 1). Twakomeje twerekana, amoko y’imibatizo avugwa muri Bibiliya, ndetse twifashishije n’Ijambo ry’Imana, tugerageza gusubiza ikibazo kizbaza niba umubatizo waba utanga agakiza. Turangiza dusobanura ko, dushingiye kuri Bibiliya, umubatizo w’amazi menshi ariwo ukwiye gukoreshwa.
Igice cya gatatu. Igika cya mbere, kiravuga ku iherezo ry’abatizera Yesu. Twahereye ku Iherezo rya Satani, dukurikizaho urubanza rwa nyuma. Twagaragaje ko aho bamwe bateze amakiriro, ari naho bita « Prigatori » hatabaho.
Hari ingingo ikomeye n’abigisha benshi badakunze kuvugaho ku buryo burambuye – ntituzi impamvu- ariyo: « umuriro utazima ». Dutekereza ko Satani nawe akora ibyo ashoboye byose ngo uwo « muriro » utavugwaho kuko azi ko mu gihe abantu baba bamaze gusobanukirwa n’uburemere bw’icyo kibazo, bakwihana, bakizera Umwami Yesu, bagahunga uwo muriro, bityo bakaba baramucitse kandi icyo akaba aricyo atifuza, kuko yifuza kuzarimburanwa n’umubare munini w’abantu uko bishoboka kose.
Twagerageje rero kuvuga ku muriro utazima, ku buryo burambuye. Twasobanuye uwo muriro icyo aricyo.  Tuvuga icyo Gehinomu ari cyo, tuvuga ku kubabaza k’uwo muriro, tuvuga ko igihano kizatangwa hakurikije ibyo umuntu azaba yarakoze, tuvuga igihe icyo gihano kizamara. Turebera hamwe dukurikije Ijambo ry’Imana, ukuntu abantu bahunga umuriro w’iteka.
Igika cya kabiri kirerekana ku mbaraga ziri mu kwizera, n’uruhare rwacu muri iki gihe twitegura kugaruka kwa Yesu no kuzamurwa kw’Itorero.
  1. Inama tugira « abanyedini sa »: Twerekanye ko icya ngombwa atari idini, ahubwo ko buri wese akwiye guharanira kwakira umwami Yesu mu bugingo bwe kubwo kwihana no kumwizera. Ntabwo tuvuze ariko ko umuntu atagira Itorero abarurirwamo kuko ibyo nabyo ari byiza. 
  2. Inama tugira « Itorero » rya Kristo ni ukwegerana, bakima agaciro ibibatanya kuko ibibahuza aribyo bikomeye kandi dutekereza ko ari byo byinshi. 

Bakwiye guhuza iyertekwa ryo kugeza Ubutumwa Bwiza mu mahanga yose,   bereka buri wese Imana, bashyize imbere ko ibanga ryo kujya mu ijuru riri gusa mu KWIZERA  YESU KRISTO, maze umuriro w’iteka ukazajyamo ubusa – cyangwa bake- maze ijuru rikazuzura.
  1. Inama tugira buri mukristo wese wakijijwe ni ukwikorera umusaraba we akihanganira isoni zawo no kubabazwa – uko bukeye agakurikira Yesu, kandi inshingano ye y’ibanze ya buri munsi ikaba iyo KWAMAMAZA YESU KRISTO.