Indirimbo ya 38 mu AGAKIZA

1
Nowa ku ki wubak’ iyo nkuge?
Urakor’ iby’ umupfapfa rwose
Dor’ utuy’ imusozi,
kandi nta maz’ ahari
Iby’ ukora biratuyobeye
2
Uwiteka ni we wabivuze,
Yukw abagizi ba nabi bose
Abujuj’ is’ ibyaha
bazamarwa n’ amazi
Ayo maz’ azabar’ umwuzure
3
Bagir’ inama yo kubazanya
None Nowa yab’ avug’ ukuri
Bati: Habe na gato,
ntidukwiye kwemera,
Twi komeze mu byo kwinezeza
4
Igihe na cyo gihita vuba
Nowa yubakan’ umwete rwose
Bose bamurebaga
ni ko bamusekaga
Bati: Noneho Noa yasaze
5
Nowa yumvir’ Iman’ Ihoraho
Yi njira muri ya nkuge vuba
Yinjirana n’ abandi
bagiriw’ imbabazi
Ubw’ Iman’ ibakingir’ urugi
6
Nukw abantu baraseka cyane
Bakomanga ku rugi bavuga
Bati: Nowa, sohoka
Iyi mvur’ irahita
Wi tubeshya ng’ uri mu rugendo
7
Ijuru risa n’ iritobotse
Ubwo ha gw’ imvur’ itey’ ubwoba
Bati: Turarimbutse
nk’ uko Nowa yavuze
Dor’ urupfu ruratuzengutse
8
Umv’ ukw Imana yabashubije:
Nowa yajyag’ abigisha rwose
Mubi gir’ ibikino,
mwanga kwumvir’ intumwa
Ni ryo teka muciriwe none
9
Nukw amaz’ aterura ya nkuge
Ireremba kuri wa mwuzure
Abicaye mu nkuge
bafitemw amahoro,
Kugez’ ubwo bazasohokamo
10
None natwe dufit’ iyo nkuge:
N’ agakiza twahawe na Yesu
Nib’ ushak’ amahoro,
ngwino wihitiremo,
Agakiz’ ureke kurimbuka