Indirimbo ya 88 mu AGAKIZA

1
Hazabahw igihe cy’ imperuka
Urubanza rucibwe na Yesu
Azarucir’ abaremwe bose
Kuko bazaba bar’ imbere ye
Nibw’ azaherakw abarobanura
Nk’ umwungeri mu ntama n’ ihene:
Intama niz’ azashyir’ iburyo bwe,
Ibumos’ azaha shyir’ ihene
2
Maze Yes’ azabwir’ ah’ iburyo ati:
Ngwino mwahaw’ umugisha
Dor’ ubgami mwahamagariwe
Uhereye ku kuremwa kw’ isi
Uwo muns’ azabashimira cyane
Bazarabagirana nk’ izuba
Azabamurikir’ Imana Data
Hazabah’ umunezero mwinshi
3
Azabwira abo b’ ibury’ ati:
Nari nshonje muramfungurira
Mwaranshumbikiye nd’ umushyitsi
Mwaranyambitse nambay’ ubusa
Na bo bati: Ryari war’ umushyitsi,
Cyangwa ryari twakubony’ ushonje,
Ryari twakubonye wambay’ ubusa
Tugukorer’ ibyo byos’ uvuze?
4
Azabwira ab’ ibumoso bwe ati:
Muv’ aho ndi mwabivume,
Nimugende mujye mu muriro
Wa Satani hamwe n’ ingabo ze
Ntimwamfunguriy’ ubwo nari nshonje
Mfit’ inyota ntimwampay’ amazi
Nar’ umushyitsi ntimwanshumbikira
Ntimwansuye ubwo nari ndwaye.  
5
Nuko bazabwir’ Umwami Yesu bati:
Ryan twakubony’ ushonje?
Ryari twakubony’ ufit’ inyota?
Ryari twakubony’ ur’ umushyitsi?
Ryari twakubony’ urwaye, Mukiza?
Ryari twakubonyehw ibyo byose?
Ibyo byos’ uvuze ntitwabibonye
Ngo tubure kukwerek’ ineza
6
Nuko Yes’ azabwir’ ab’ iburyo,
ndets’ abwire n’ ab’ ibumoso bwe ati:
Byose mwakorey’ abato
Burya ni jye mwabikoreraga
Bose bazibuk’ ; byo bakoraga
Hazarira abo b’ ibumoso
Ab’ iburyo bazajyanwa mw juru
Bazahora banezerw’ iteka